Nigeria: Umupasiteri n’Abakirisitu bashimutiwe mu rusengero

Nigeria: Umupasiteri n’Abakirisitu bashimutiwe mu rusengero

Nibura abantu cumi na babiri, barimo umushumba w’itorero, bashimuswe ku Cyumweru, itariki ya 30 Ugushyingo, basanzwe mu rusengero rwo mu cyaro rwagati muri Nigeria, ibi bikaba ari rimwe mu ruhererekane rw’ishimutwa ribaye muri iki gihugu mu byumweru bike gusa.

Itorero ryo mu mudugudu wa Ejiba riherereye mu gace ka Yagba West muri Leta ya Kogi, “ryatewe ku itariki ya 30 Ugushyingo n’abajura”, nk’uko byatangajwe na Kingsley Femi Fanwo, komiseri ushinzwe amakuru muri iyi leta yo hagati mu gihugu, avugana na AFP.

Nigeria ihora yibasiwe n’ishimutwa ry’abantu, uyu muco ukaba warakwirakwiriye kuva ku ishimutwa ry’abakobwa b’abanyeshuri bagera kuri 300 i Chibok, muri Leta ya Borno (iburasirazuba), mu 2014 bashimuswe na Boko Haram

Icyakora, mu byumweru bishize hagaragaye ibikorwa byinshi nk’ibi, bituma Perezida wa Nigeria atangaza ibihe bidasanzwe by’umutekano mu gihugu ku itariki ya 26 Ugushyingo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *